Uko wahagera

Iperereza Kuri Trump

Abadepite b'Amerika mu mpaka zo kurega Perezida Trump
Abadepite b'Amerika mu mpaka zo kurega Perezida Trump

Umutwe w’Abadepite w’inteko ishinga amategeko ya Leta zunze ubumwe z’Amerika yatangiye impaka ku kirego kiri kuri Perezida Donald Trump.

Impaka zatangiye mu gitondo saa tatu i Washington, saa kumi ku isaga y’i Bujumbura n’i Kigali. Gahunda iteganya ko zigomba kumara amasaha atandatu, mbere y’itora ryo kwemeza cyangwa kwanga ikirego.

Perezida Trump aregwa gukoresha nabi umwanya w’umukuru w’igihugu mu nyungu ze bwite no gutambamira imikorere y’inteko ishinga amategeko.

Impaka zigitangira, abadepite bo mu ishyaka ry’Abarepubulikani rya Perezida Trump batanze umushinga w’umwanzuro wo guhagarika burundu itora kugirango, nk’uko babivugaga, “Inteko ireke gukomeza gutesha igihe rubanda.” Umwanzuro nawo wagiye mu itora, wemezwa n’abadepite 188 bose b’Abarepubulikani. Abandi 226, bose b’Abademokarate, bawanze, bityo impaka zirakomeza.

Kubera ubwiganze busesuye bw’Abademokarate mu Mutwe w’Abadepite, ikirego gifite amahirwe menshi yo kwemezwa. Nikiramuka gitambutse, abadepite barahita bashyiraho itsinda rya bamwe muri bo bazahagararira Umutwe w’Abadepite nk’abashinjacyaha mu rubanza ruzatangira mu kwezi kwa mbere kuza muri Sena.

Mbere y’itora ry’Abadepite, Perezida Trump yanditse kuri Twitter, yongera kuvuga ko nta cyaha yakoze. Ariko, ati: “Mushobora kwiyumvisha ko uyu munsi inkorabusa z’Abademokarate ziza kundega ku mugaragaro? Munsabire.”

Umutwe w’Abadepite nuramuka wemeje ikirego, Trump araba abaye perezida wa gatatu mu mateka ya Leta zunse ubumwe z’Amerika uhamijwe ibyaha n’Abadepite, ibyo bita Impeachment mu Cyongereza, nyuma ya Andrew Johnson mu 1868 na Bill Clinton mu 1998.

Depite Jerry Nadler ni Umuyobozi wa Komisiyo y'Ubutabera y'Inteko ishinga Amategeko y'Amerika
Depite Jerry Nadler ni Umuyobozi wa Komisiyo y'Ubutabera y'Inteko ishinga Amategeko y'Amerika

Komite ishinzwe inzego z’ubutabera mu Mutwe w’Abadepite w’inteko ishinga amategeko ya Leta zunze ubumwe z’Amerika yemeje ikirego kuri Perezida Trump.

Itora ryerekanye ko hagati y’Abademokarate n’Abarepubulikani hari umurongo ntarengwa. Abademokarate 23 bari mu nama bose batoye “Yego.” Naho Abarepubulikani 17 bari bayicayemo batora “Oya.”

Umwe mu bakozi b’ubunyamabanga buhoraho yahamagaraga buri mudepite, uyu nawe akavuga uko atoye, maze umunyamabanga agasubiramo neza, nyuma atanga umwanzuro.

Kubera ubwiganze bw’Abademokarate, ikirego cyemejwe. Bityo, Komite ishinzwe inzego z’ubutabera igiye kugishyikiriza Umutwe w’Abadepite wose kugirango ucyemeze burundu. Uzatora mu cyumweru gitaha. Nawo n'ucyemeza, kizahita kijya muri Sena izacira urubanza Perezida Trump.

Itora ntiryamaze n’iminota icumi. Ryabaye abadepite bose 40 ba Komite ishinzwe inzego z’ubutabera bijimye cyane mu maso. Ejo, umunsi wose kugera mu gicuku, bari biriwe mu mpaka ndende zishyushye cyane ariko mu bwubahane, Abademokarate bavuga ko ibimenyetso ari byinshi bihamya ibyaha Perezida Trump, naho Abarepubulikani bashimangira ko ari umwere. Ku mpande zombi, bose banze kuva ku izima, batandukana gutyo. Uyu munsi, bateranye baje gukora itora byonyine gusa.

Ku bahanga mu bya politiki ya Leta zunze ubumwe z’Amerika, uyu munsi nawo winjiye mu mateka kubera ko Trump abaye perezida wa kane uhamijwe ibyaha na Komite ishinzwe inzego z’ubutabera mu Mutwe w’Abadepite w’inteko ishinga amategeko y’Amerika, nyuma ya Andrew Johnson mu 1868, Bill Clinton mu 1998, na Richard Nixon mu 1974.

Usibye Nixon weguye mbere y’uko Umutwe w’Abadepite umuhamya ibyaha, Johnson na Clinton bo baraburanye muri Sena, ibagira abere. Trump ashobora kuba perezida wa gatatu uburanishijwe na Sena. Urubanza ruzaba mu kwezi kwa mbere kuje, nk’uko umukuru w’Abarepubulikani muri Sena, Mitch McConnell, yabitangaje ejobundi kuwa gatatu.

Perezida Trump ashinjwa ibyaha bibili: gukoresha nabi umwanya w’umukuru w’igihugu mu nyungu ze bwite no gutambamira imikorere y’inteko ishinga amategeko.

Umunyamakuru w'Ijwi ry'Amerika Tomasi Kamilindi wakurikiranye iyi nkuru ni we uyitugezaho.

please wait

No media source currently available

0:00 0:02:56 0:00


Voma ibindi

XS
SM
MD
LG