Uko wahagera

Iperereza Kuri Trump

Sorry! No content for 1 Ukuboza. See content from before

26-11-2019

Calendar
Ugushyingo 2019
Ku cyumweru Ku wa mbere Ku wa kabiri Ku wa gatatu Ku wa kane Ku wa gatanu Ku wa gatandatu
27 28 29 30 31 1 2
3 4 5 6 7 8 9
10 11 12 13 14 15 16
17 18 19 20 21 22 23
24 25 26 27 28 29 30
Perezida wa Amerika Donald Trump
Perezida wa Amerika Donald Trump

Umucamanza w'urukiko ku rwego rw'igihugu muri Amerika yaraye yemeje ko Donald McGahn wahoze ari umujyanama muri Perezidansi y’Amerika agomba kwitaba ubutumire bw’Inteko ishinga amategeko gutanga ubuhamya mu iperereza rikorwa kuri Perezida Donald Trump.

Umucamanza Ketanji Brown Jackson yavuze ko Perezida adafite ububasha bwo kubuza McGhan cyangwa undi muntu wese ukora muri perezidansi cyangwa wigeze kuhakora gutanga ubuhamya

Ubutegetsi bwa Trump burateganya kujuririra icyemezo cy’umucamanza Jackson. Uwunganira McGhan mu by’amategeko yavuze ko azubahiriza ubutumire bw’Inteko Ishinga Amategeko keretse gusa urukiko ruramutse rutegetse ko yaba abisubitse mu gihe hategerejwe ubujurire.

Abandi banze gutanga ubuhamya harimo Ministri w’ububanyi n’amahanga Mike Pompeo, uwahoze ari umujyanama mu by’umutekano w’igihugu John Bolton n’umuyobozi w’Ibiro bya perezida ku bw’ubusigire Mick Mulvaney.

Abademocrate basuzuma niba Perezida Trump akwiriye gukurwa ku butegetsi kubera kotsa igitutu Ukraine ngo ikore iperereza kuri Joe Biden. Uyu ni we bikekwa ko ashobora kuzemezwa n’ishyaka ry’abademokarate kuzahiganwa na Trump mu matora ya 2020, bizera ko aba bategetsi bashobora gutanga ubuhamya bw’ingirakamaro kuri icyo kibazo.

Perezida wa Amerika Donald Trump
Perezida wa Amerika Donald Trump

Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe z’Amerika uyu munsi yatanze ibisobanuro byerekeye kuba yarakoresheje umujyanama we bwite mu by’amategeko kuri gahunda ya Ukraine.

Ni ikibazo gikomeye mu iperereza rimureba rikomeje mu Nteko Ishinga Amategeko y’Amerika. Yavuze ko Giuliani yari azwi nk’umuntu urwanya ibyaha kandi wavugaga Ukraine nk’igihugu cyokamwe na ruswa.

Trump yavuze aya magambo nyuma y’umunsi umwe hatanzwe ubuhamya buheruka bwavuze ku kibazo cy’uko yafashe Giuliani, umuturage usanzwe, utari mu mirimo ya leta ayoboye akamushyira mu mirimo yo gushyiraho imigambi ya leta y’Amerika kuri Ukraine.

Iri perereza ribangamiye ubutegetsi bwa Trump cyane muri iki gihe ateganya kongera kwiyamamariza kuyobora Amerika mu kwa 11 k’umwaka utaha.

Ikibazo cy’ingenzi muri iri perereza ni igituma Perezida Trump yarakoresheje umujyanama we bwite mu by’amategeko gukora uyu murimo ntakoreshe inzego zisanzwe za Leta y’Amerika.

Mu buhamya bwatanzwe n’abakozi bo muri Presizansi y’Amerika, abigeze kuhakora, n’abadiplomate bose bavuze ku bikorwa bya Giuliani nko guhatira Ukraine gukora amaperereza abiri agamije gusarika abahanganye na Trump muri politike.

Voma ibindi

XS
SM
MD
LG