IRMCT Yasabye Nijeri Kutirukana Abanyarwanda Yarekuye

IRMCT

Urugereko rwashinzwe kurangiza imanza zasizwe n’inkiko mpuzamahanga (IRMCT) rurasaba leta ya Nijeri kuba ihagaritse icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda yari yakiriye barekuwe n’urwo rwego.

Ibyo bikubiye mu mwanzuro urwo rwego rwafashe kuri uyu wa gatanu. Leta ya Nijeri yaherukaga guha abo Banyarwanda iminsi 7 yo kuba bavuye mu gihugu ku mpamvu yise iza dipolomasi. Abo barimo abagizwe abere ku byaha bya Jenoside n’abarangije ibibano bari bakatiwe

Umunyamakuru w'Ijwi ry'Amerika Themistocles MUTIJIMA yakurikiranye iyi nkuru ku buryo burambuye.

Your browser doesn’t support HTML5

IRMCT Yasabye Nijeri Kutirukana Abanyarwanda Barekuwe n'Urwo Rwego