Mu Rwanda Abaturage b'i Musanze Barataka Umutekano muke Kubera 'Abapabliki’

Iduka ry'umucuruzi ukorera mu mujyi wa Musanze. Abacuruzi bari mubamburwa n'"Abapabliki"

Mu karere ka Musanze mu murenge wa Shingiro, abaturage babangamiwe n’ikibazo cy’umutekano muke nyuma y’uko hadutse agatsiko k’abiyita ‘Aba pabliki’ bakomeretsa ndetse bakanasahura abaturage.

Aba baturage bavuga ko ku manywa bigoye kubabona ariko nijoro akaba ari bo bakora ubwo bugizi bwa nabi.

Muri aka gace kandi mu mwaka wa 2018 ni ho umutwe wa urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda FDLR yameneye yica abaturage bagera kuri 20.

Umunyamakuru Tuyishime Gloria yateguye inkuru irambuye mushobora kumva hano hepfo.

Your browser doesn’t support HTML5

Abaturage b'i Musanze Barasaba Leta Kubarinda Amabandi Yabibasiye