Iwanyu mu ntara

Your browser doesn’t support HTML5

Uruganda Iyaga Plus rukora amarangi y’ubwoko butandukanye rwafashwe n’inkongi y’umuriro, mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu byinshi mu byari birurimo birakongoka. Mu Rwanda, abunganira mu mategeko umukecuru w’imyaka 80 Eugenie Nkundabanyanga ukurikiranyweho ibyaha bya jenoside barasaba ko afungurwa by’agateganyo agakurikiranwa ari hanze. Mu Burundi abashinzwe kwakira imisoro mu mujyi wa Bujumbura barigishije amafaranga arenga miliyoni 50 mu mezi abiri ashze. Barasabwa kuyasibiza, bitarenze ku wa mbere w’icyumeru gitaha, bitaba ibyo bagashyikirizwa ubucamaza.