Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (ONU), Antonio Guterres, yamuritse umugambi wa ONU wo kurwanya virusi ya Corona abinyujije ku ikoranabuhanga ry’amashusho ya videwo. Asaba guverinoma z’ibihugu bigize ONU umusanzu w’amadolari miliyari ebyiri na miliyoni cumi n’ebyiri, ONU iteganya gukoresha kuva mu kwezi kwa kane kugera mu kwa 12 muri uyu mwaka.
Amashami atatu ya ONU ni yo ateganyirijwe inkunga itubutse muri uyu mugambi. OMS, ishinzwe ubuzima, yagombye kubona amadolari miliyoni 450, UNICEF ishinzwe abana irasaba inkunga y’amadolari miliyoni 405. Naho PAM ishinzwe ibiribwa, yifuza amadolari miliyoni 350.
Andi, nk’uko Guterres yabisobanuye, azakoreshwa ahanini n’imiryango itabogamiye kuri leta (ONG mu magambo ahinnye y’Igifaransa). Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU usanzwe ashinzwe ibikorwa by’ubutazi, Umwongereza Mark Lowcock, ni we muhuzabikorwa w’uyu mugambi.
Ku bwa Antonio Guterres, kurwanya virus ya corona ni igikorwa gikwiye guhurizwaho ingufu kandi mu maguru mashya, kuko “turebye nabi, n’izindi ndwara zandura vuba nka kolera n’ubushita (rougeole mu Gifaransa) zakwiyongera byihuse, cyane cyane mu banyantege nke nk’abana, abagore, abageze mu za bukuru, abafite ubumuga n’abasanganywe indwara zidakira.
Yasobanuye ko uyu mugambi uzibanda mu bihugu bikennye kurusha ibindi kandi byugarijwe n’intambara n’imvururu za politiki byo ku migabane y’Afrika, Aziya, n’igice cy’Amerika yo hepfo. Ingero ni Libiya, Repubulika ya Centrafrika, Sudani y’Epfo, Afuganistani, Yemeni, Ukraine na Venezuela. Irani na Koreya ya ruguru bishobora kwinjizwa muri uyu mugambi wa ONU.
Mu byo Umuryango w’Abibumbye uteganya harimo gushyikiriza ibi bihugu ibikoresho by’ubuzima n‘ubuvuzi, ibyo gupima virusi ya Corona, aho abantu bashobora gukarabira ibiganza mu nkambi z’impunzi, gukwirakwiza amakuru nyayo kuri iyi virusi, no gukodesha indege zizageza ibya ngombwa aho biteganyirijwe.
Facebook Forum